Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Ibiro by'Umuyobozi Mukuru

Umuyobozi Mukuru niwe ukurikirana imikorere ya buri munsi ya RMF.

Umuyobozi Mukuru ni ushinzwe ingengo y’imari ya RMF kandi ni we ufite inshingano zo kuyobora ibikorwa bya buri munsi by’iki kigo. Atanga raporo y’imari ya buri mwaka ku nzego zimugenzura akurikije amategeko agenga imicungire y’imari n’umutungo bya Leta. Ashinzwe kwakira inyemezabuguzi z’abafatanyabikorwa, kuzemeza kugira ngo zishyurwe no gusinya amasezerano mu izina ry'Ikigega cy'Imari yo gusana imihanda.

Abafatanyabikorwa nka RTDA, Umujyi wa Kigali, Uturere n’abakora imirimo bashobora kugira ibibazo ku nyemezabuguzi zabo. Muri bene ibyo bihe, Umuyobozi Mukuru, abinyujije ku bakozi bireba, ni we ukemura ibyo bibazo. Ibisubizo bitangwa hakurikijwe itegeko rigenga RMF n’ingengo y’imari yemejwe na MINECOFIN. Abafatanyabikorwa cyangwa undi muntu wese ahabwa igisubizo mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Mu buryo bwihariye, Umuyobozi Mukuru agomba:

  • Kuyobora ibikorwa byose bya RMF buri munsi;

  • Gucunga amafaranga yinjira aturuka ku masoko ateganywa n’itegeko rigenga RMF;

  • Gukorana n’inzego zishinzwe imihanda mu gutegura gahunda zo kuyisana ziterwa inkunga na RMF;

  • Gukora ku buryo gahunda y’igihe kirekire n’iy’ibikorwa by’umwaka bitegurwa, byemezwa kandi bigashyirwa mu bikorwa neza;

  • Gukora ku buryo imicungire y’imari n’abakozi ba RMF ikorwa neza;

  • Guteza imbere gahunda yo gucunga ibyago (risk management framework) ya RMF;

  • Kwemeza gahunda y’amasoko ya buri mwaka ya RMF no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo ku gihe;

  • Gukora ku buryo Imihigo ya RMF itegurwa, yemezwa kandi igashyirwa mu bikorwa ku gihe;

  • Gukora ku buryo ingengo y’imari yagenwe ishyirwa mu bikorwa;

  • Gutegura raporo z’imari za buri cyumweru, buri kwezi, buri gihembwe n’iz’umwaka no kuzishyikiriza inzego zibishinzwe;

  • Gukora ku buryo imyanzuro y’inama y’Inama y’Ubutegetsi ya RMF ishyirwa mu bikorwa;

  • Gukora ku buryo inama zatanzwe n’ubugenzuzi (ubw’imbere n’ubw’inyuma) zishyirwa mu bikorwa;

  • Gukurikirana imikorere y’abakozi ba RMF no gutanga inama zigamije kuyinoza;

  • Kwemeza raporo z’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ndetse na raporo z’imari za buri gihembwe n’iz’umwaka;

  • Gukora indi mirimo yose yashingwa n’Inama y’Ubutegetsi n’Urwego ruyobora (Minisiteri ibishinzwe).