Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Imishinga yo gusana imihanda

RMF ifite inshinga yo gutanga amafaranga akoreshwa mu gusana imihanda ya Leta, iy’Uturere n’iy’Umujyi wa Kigali yo mu rwego rwa mbere n’indi mihanda yagenwa na Minisitiri ufite bikorwa remezo mu nshingano.

Gufata neza imihanda ku buryo buhoraho

Isanwa risanzwe n’irisubirwamo kenshi rigomba gukorwa ku mihanda yose iri mu mimerere myiza cyangwa isanzwe, harimo n’iyo yasannye (rehabilitation).

Isanwa ry’Ibibiraro

Isanwa ry’ibiraro rikubiyemo imirimo yose yo gufata neza ibiraro igamije gusana cyangwa gusubiza ikiraro n’ibice byacyo bitandukanye ku rwego rw’imiterere yabyo ya mbere nk’uko byari biteganyijwe.

Gusana igice cy'umuhanda

Isana rikorwa ku hantu hihariye’ risobanura imirimo yo gufata neza ikorwa ku gice gito cy’umuhanda (akenshi kitarengeje kilometero imwe), haba ku mihanda ya kaburimbo cyangwa imihanda

Imirimo yihutirwa yo gusana no gukemura ibibazo byihuse

Imirimo yihutirwa isobanura ibikorwa byose bikorerwa ku mihanda ya kaburimbo n’iy'ibitaka, bigamije gufungura cyangwa gusana imihanda cyangwa ibiraro nyuma y’akaga gaturutse ku biza, nk’inkangu, kugwa kw’ibiti

Isanwa rya buri gihe

Isanwa rikorerwa mu bihe byagenwe risobanura imirimo yose yo gufata neza ikorwa hashingiwe ku mishinga runaka kandi igakorwa mu bihe bitandukanye by’imyaka runaka. Bimwe muri ibyo bikorwa bizwi kandi nk’isanwa rikumira (preventive maintenance).